Press
TOTAL VIEWS
only in Vatican Networks
VIEWS 2022
PRESS ARTICLES
in 114 countries

GICURASI | Ukwemera mu rubyiruko
Dusabe kugira ngo urubyiruko ruhamagariwe kubaho mu buzima busendereye, rubone muri Bikira Mariya ubushishozi nyabwo, ubutwari bw’ukwemera n’ubwitange ku murimo.

MATA | Ku bashinzwe ubuzima
Dusabire abitangira abarwayi n’abageze mu zabukuru, by’umwihariko abo mubihugu bikennye kurusha ibindi, kugira ngo babone inkunga za leta n’iz’imiryango y’aho bari.

WERURWE | Ibisubizo gikirisitu ku bibazo by’indangagaciro nyoborabuzima
Dusabe kugira ngo imbere y’ibibazo bishya bishingiye ku bushakashatsi n’ikoranabuhanga mu by’ubuzima, ubuvuzi n’imyorokere ya muntu, abakristu bite iteka ku birengera ubuzima binyuze mu isengesho n’ibikorwa bifatika.

GASHYANTARE | Ababikira n’abakobwa biyeguriye Imana
Dusabire ababikira n’abakobwa biyeguriye Imana, tubashimira ubutumwa n’umwete byabo, kugira ngo bakomeze kubonera ibisubizo bishya by’ibibazo byugarije igihe turimo.

MUTARAMA | Ivangura n’itotezwa rishingiye ku myemerere
Dusabe kugira ngo abatotezwa bahorwa imyemerere yabo bahabwe uburenganzira bwuzuye muri sosiyete, hamwe n’agaciro kubakiye ku buvandimwe.

UKUBOZA | Abakateshisiti
Dusabire abakateshisiti bahamagariwe kwamamaza Ijambo ry’Imana: barihamye n’ubutwari ndetse n’ubunyamwuga mu byishimo no mu mahoro bamurikiwe n’imbaraga za Roho Mutagatifu.

UGUSHYINGO | Abantu Bafite Indwara y’agahinda Gakabije
Dusabe kugira ngo abantu bose bafite agahinda gakabije babone ubufasha n’urumuri bibagarura mu buzima bwiza.

UKWAKIRA | Kuba Abogezabutumwa
Bavandimwe, dusabe kugira ngo uwabatijwe wese agire uruhare mu iyogezabutumwa, ahe umwanya Ubutumwa biciye mu buhamya bw’ubuzima bushingiye ku ivanjili.

NZERI | Kubaho Turengera Ibidukikije
Dusabe kugira ngo tugire amahitamo meza yo kubaho turengera ibidukikije twigira ku rubyiruko rubyitangira.

KANAMA | Kiliziya mu rugendo
Dusabire Kiliziya, ku bubasha bwa Roho Mutagatifu ihabwe ingabire n’imbaraga zo kwivugurura imurikiwe n’Ivanjili.

NYAKANGA | Imibanire Myiza
Dusabe kugira ngo mu bibazo by’ubukungu na politiki tube abagabo n’abagore baharanira imibanire myiza kandi bahorana umutima utanga ku buryo nta mwanya w’urwango n’intambara uboneka.

KAMENA | Ibyiza byo gushyingirwa
Ni mucyo dusabire urubyiruko rwitegura gushyingirwa, rushyigikirwe n’imbaga y’abemera: bajye mbere mu rukundo, n’ubwitange, ubudahemuka no kwihangana.

GICURASI: Isi y’ubukungu
Ni mucyo kandi dusabe kugira ngo abashinzwe iby’ubukungu bafatanye na leta kugenzura amasoko y’imari no kurinda abaturage mu ngorane zabo.

MATA: Uburenganzira bw’ibanze
Dusabire abemera kwitanga kugera n’aho bahara ubuzima bwabo, barwanira uburenganzira bw’ibanze mu bihugu birimo kwikanyiza no kuyoborana igitugu ndetse nahari demokarasi zidahamye, kugira ngo ibikorwa byabo no kwitanga kwabo byere imbuto nyinshi.

WERURWE: Sakaramentu rya penetensiya
Dusabe kugira ngo isakramentu rya penetensiya ridufashe kwivugurura by’ukuri, kuryoherwa n’imbabazi n’impuhwe z’Imana zidashira. Dusenge kandi ngo Imana ihe Kiliziya abasaseridoti b’abanyampuhwe, batari abayisenya.

GASHYANTARE: Ku bagore bahohotewe
Nimucyo dusabire abagore bahohotewe ngo barengerwe n’ubutegetsi kugira ngo ububabare bwabo bwitabweho kandi bwumvikane kuri bose.

MUTARAMA: Ubuvandimwe mu bantu
Dusabe Nyagasani kutwongerera ingabire yo kubana neza n’abavandimwe bacu bo mu y’andi madini, tureka guhangana, kandi dusabirana bamwe ku bandi, dushyikirana na bose.

UKUBOZA: Ubuzima Bw’isengesho
Dusabe kugira ngo umubano wacu wihariye na Yezu Kristu ubashe gutungwa n’Ijambo ry’Imana n’ubuzima bw’amasengesho.

UGUSHYINGO: Ubwenge buhangano
Dusabe kugira ngo iterambere rya za robo n’iry’ubwenge buhangano ribereho guteza imbere ikiremwa muntu.

UKWAKIRA: Abagore mu nzego z’ubuyobozi bwa kiliziya
Dusabe kugira ngo ku bw’ingabire ya batisimu bahawe, abalayiki bose, by’umwihariko abagore, barusheho kugira uruhare mu nzego z’ubuyobozi bwa Kiliziya twirinda guha agaciro karenze Ubusaserodoti kagabanya ingabire z’abalayiki.

NZERI: Kubaha umutungo kamere w’isi
Ni mucyo dusabe kugira ngo umutungo kamere w’isi woye gusahurwa na bamwe, ahubwo usaranganywe mubayituye ntawe uwuvukijwe, mu butabera.

KANAMA: Abakorera mu nyanja
Dusabire abakorera mu nyanja kandi babeshejweho na yo, muri bo harimo abasare, abarobyi n’imiryango yabo.

NYAKANGA: Imiryango yacu
Dusabe kugira ngo imiryango y’iki gihe iherekezwe n'urukundo, ubwubahane n’inama, kandi ku buryo bw’umwihariko irengerwe n’ubutegetsi bw’ibihugu.

KAMENA: Impuhwe ku isi
Dusabe ngo ababaye bose bashakire inzira y’umukiro mu Mutima Mutagatifu wa Yezu.

GICURASI: Gusabira abadiyakoni
Dusabe kugira ngo abadiyakoni, bakomere k’umuhamagaro wabo wo kogeza Inkuru Nziza no kwita ku bakene, bibere n’abandi muri Kiliziya urugero rwiza rwo gukurikizwa.

MATA: Ukwibohora ku ngeso mbi
Dusabe kugira ngo ababoshywe n’ingeso mbi babashe kwitabwaho neza kandi baherekezwe.

WERURWE: #PrayForTheWorld
Turashaka guhungira iwawe, O Mubyeyi Mutagatifu w’Imana. Ntiwirengagize ugutakamba kwacu- twebwe abugarijwe- kandi udukize ikibi cyose. O wowe wubahwa kandi utagira inenge.

WERURWE: Abagatolika bo mu Bushinwa
Dusabe kugira ngo Kiliziya yo mu Bushinwa ikomeze kuba indahemuka ku Ivanjili no gutera imbere mu bumwe. Murakoze.

GASHYANTARE: Kumva amaganya y’abimukira
Dusabe kugira ngo amaganya y’abimukira bacuruzwa yumvikane, kuko na bo ari abavandimwe bacu.

MUTARAMA: Guharanira amahoro ku isi
Dusabe kugira ngo abayobotse Yezu, abanyamadini n’abantu b’umutima mwiza, bose baharanire hamwe amahoro n’ubutabera ku isi.