Press

RW - Youtube Thumbnail TPV 4 2025 - KU IKORESHWA RY’IKORANABUHANGA RIGEZWEHO
MATA | Ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho

Dusabe kugira ngo gukoresha ikoranabuhanga rigezweho bidasimbura imibanire y’abantu ahubwo byubahirize agaciro k’abantu kandi bifashe mu gukemura ibibazo byo muri iki gihe cyacu.

TOTAL VIEWS

+ 242M

only in Vatican Networks

VIEWS 2025

+ 2M

PRESS ARTICLES

+ 29K

WERURWE | Ku miryango ifite ibibazo

Dusabe kugira ngo imiryango irimo amacakubiri ishobore kubonera umuti w’ibikomere byayo mu kubabarirana, buri wese ashobore kubona ubukungu buri mu byo badahuriyeho na mugenzi we.

GASHYANTARE | Umuhamagaro w’Abasaserodoti n’Abiyeguriye Imana

GASHYANTARE | Umuhamagaro w’Abasaserodoti n’Abiyeguriye Imana

Dusabe kugira ngo Kiliziya, umuryango w’abemera, ishobore kwakira ibyifuzo n’ugushidikanya by’urubyiruko rwiyumvamo umuhamagaro wo kwitangira ubutumwa bwa Yezu, haba mu buzima bwa gisaserdoti cyangwa mu buzima bw’Abiyeguriye Imana.

MUTARAMA | Uburenganzira bwo kwiga

Dusabire abimukira, impunzi n’abo bose bagizweho ingaruka n’intambara; kugira ngo uburenganzira bwabo bwo kwiga bwubahirizwe buri gihe, kuko uburezi ari ngombwa mu kubaka isi irangwa cyane n’ubumuntu.

UKUBOZA | Ku bagendana ukwizera

Dusabe kugira ngo iyi Yubile twinjiyemo idukomeze mu kwemera, idufashe kumenya Kristu wazukiye mu buzima bwacu, kandi iduhinduremo abagendana ukwizera kwa gikristu.

UGUSHYINGO | Gusabira ababuze umwana

Dusabe kugira ngo ababyeyi bose batewe agahinda n’urupfu rw’umwana wabo, babonere ihumure mu ikoraniro kandi babone amahoro y’umutima atangwa na Roho, Umuhoza.

UKWAKIRA | Ubufatanye mu butumwa

Dusabe kugira ngo Kiliziya, mu bushobozi bwayo, ikomeze ishyigikire gahunda yo kugendera hamwe, mu kimenyetso cy’ubufatanye, mu guteza imbere ubwitange, ubusabane n’ubufatanye mu butumwa hagati y’abapadiri, abiyeguriyimana n’abalayiki.

NZERI | Isi Itabaza

Dusabe kugira ngo buri wese muri twe, abikuye ku mutima, yumve impuruza y’isi, n’abagizweho ingaruka n’ibiza n’imihindagurikire y’ikirere, yiyemeze, ku bushake bwe, kwita ku isi atuyemo.

Official Image - TPV 8 2024 RW - Ku banyapolitiki - 889x500 (2)

KANAMA | Ku banyapolitiki

Dusabe kugira ngo Abanyapolitiki bakorere rubanda, baharanire iterambere ryuzuye rya muntu n’inyungu rusange, bahangayikishwe n’abatakaje akazi kandi abakene bashyirwe imbere ya bose.

Official Image - TPV 7 2024 RW - Ikenurabushyo ry’abarwayi - 889x500

NYAKANGA | Ikenurabushyo ry’abarwayi

Dusabe kugira ngo Isakramentu ry’Ugusigwa kw’abarwayi rizanire abarihawe n’ababitaho imbaraga za Nyagasani, kandi rirusheho kubera abantu bose ikimenyetso kigaragara cy’impuhwe n’icyizere.

Official Image - TPV 6 2024 RW - Kubahunga ibihugu byabo - 889x500

KAMENA | Kubahunga ibihugu byabo

Dusabe kugira ngo abimukira bahunga intambara cyangwa inzara, bikabatera kunyura mu nzira zishyira ubuzima bwabo mu kaga, babone ababakira neza kandi bahirwe n’ubuzima bushya.

Official Image - TPV 5 2024 RW - Ku marerero y’Abiyeguriyimana n’Abaseminari - 889x500

GICURASI | Ku marerero y’Abiyeguriyimana n’Abaseminari

Dusabe kugira ngo abagabo n’abagore biyeguriyimana n’abaseminari bungukire byinshi mu rugendo rwabo rw’umuhamagaro babikesha gutozwa uburere bwa kimuntu, ikenurabushyo, iyobokamana n’imibanire bibafasha kuba abahamya bizewe b’Inkuru Nziza.

Akamaro k'abagore

MATA | Akamaro k’abagore

Dusabe kugira ngo icyubahiro n’agaciro abagore bafite bihabwe agaciro mu bihugu byose, kandi ivangura bahura naryo mu bice bitandukanye by’isi rihagarare.

Official Image - TPV 3 2024 RW - Abamaritiri muri iki gihe, abahamya ba Kiristu - 889x500

WERURWE | Abamaritiri muri iki gihe, abahamya ba Kiristu

Dusabe kugira ngo abahara amagara yabo kubera Ivanjili, mu bice bitandukanye by’isi, barumbukire Kiliziya imbuto nyinshi kubw’ ubutwari n’umurava byabo byo kwitangira ubumwa.

GASHYANTARE | Ku barwayi barembye cyane

GASHYANTARE | Ku barwayi barembye cyane

Dusabe kugira ngo abarwayi barembye cyane hamwe n’imiryango yabo, bafashwe kubona ubuvuzi ndetse banagaragarizwe ubumuntu ku kigero gikwiye.

Official Image - TPV 1 2024 RW - Gusaba ingabire zitandukanye muri Kiliziya - 889x500

MUTARAMA | Gusaba ingabire zitandukanye muri Kiliziya

Dusabe kugira ngo Roho adufashe kumenya impano zitandukanye mu muryango w’abakristu no kuvumbura ubukungu bw’imihango mitagatifu inyuranye ikorerwa muri Kiliziya Gatolika.

Gusabira abafite ubumuga - 889x500

UKUBOZA | Gusabira abafite ubumuga

Dusabe kugira ngo abafite ubumuga bitabweho na sosiyete kandi ibigo biteze imbere gahunda yo kubashyira mu bandi kugira ngo na bo bagaragaze ibyo bashoboye.

Official Image - TPV 11 2023 RW - Gusabira Papa - 889x500

UGUSHYINGO | Gusabira Papa

Dusabire Papa, ngo mugusohoza ubutumwa bwe, akomeze guherekeza mu kwemera ubushyo yaragijwe na Yezu abifashijwemo na Roho Mutagatifu.

Official Image - TPV 10 2023 RW - Kiliziya iri muri Sinodi - 889x500

UKWAKIRA | Kiliziya iri muri Sinodi

Dusabire Kiliziya, kugira ngo irangwe no gushyira imbere ugutega amatwi no kuganira, yemera kuyoborwa na Roho Mutagatifu mu rugendo rwayo kugera ku mpera z’isi.

Official Image - TPV 9 2023 RW - Ku bantu bahezwa muri sosiyete - 889x500

NZERI | Ku bantu bahezwa muri sosiyete

Dusabe ku gira ngo abantu birengagizwa na sosiyete, bari mu buzima budakwiriye muntu ngo inzego z’ubuyobozi ntizibibagirwe kandi ntibigere bangwa.

KANAMA | Ku ihuriro mpuzamahanga ry’urubyiruko

Dusabe kugira ngo ihuriro mpuzamahanga ry’urubyiruko i Lisbonne rifashe urubyiruko ruhaguruke rugende, ruhamya Ivanjili mu buzima bwarwo.

NYAKANGA | Ubuzima Bushingiye Kuri Ukarisitiya

Dusabe kugira ngo abakristu Gatolika bose bimike mu buzima bwabo Ukarisitiya, ihindure cyane imibanire y’abantu kandi ibakingurire umuryango ubahuza n’Imana n’abavandimwe.

KAMENA | Iyicarubozo rikurweho

Dusabe kugira ngo umuryango mpuzamahanga wiyemeze guhashya umuco w’iyicarubozo ndetse bagenere ubufasha abarikorewe ndetse n’imiryango yabo.

GICURASI | Ku Miryango n’amatsinda bya Kiliziya

Dusabe kugira ngo imiryango n’amatsinda bya Kiliziya buri munsi byite ku murimo wabyo w’iyogezabutumwa, bikoresha impano zabyo mu gufasha isi mu byo ikeneye.

MATA | Umuco w’ubworoherane

Dusabe kandi kugira ngo umuco w’ubworoherane usakare hose, maze ibihugu n’ababituye bagende barushako kwirinda gushyira imbere ikoreshwa ry’intwaro.

MATA | Umuco w’ubworoherane

Dusabe kandi kugira ngo umuco w’ubworoherane usakare hose, maze ibihugu n’ababituye bagende barushako kwirinda gushyira imbere ikoreshwa ry’intwaro.

WERURWE | Ku Bahohotewe

Dusabire abababaye bose kubera ibibi byakozwe n’abagize umuryango wa Kiliziya ngo babone muri Kiliziya ubwayo igisubizo gifatika ku ishavu n’ububabare byabo.

GASHYANTARE | Amaparuwasi

Dusabe kugira ngo Paruwasi, mu kwimakaza ubuvandimwe mu bantu, ubuvandimwe muri Kiriziya, zibe koko ihuriro ry’ukwemera, ry’ubuvandimwe n’iryo kwakira bose cyane cyane abatagira kivurira.

MUTARAMA | Ku Barezi

Dusabe kugira ngo abarezi babe koko abahamya bizewe, mu kwigisha ubuvandimwe kuruta guhangana, no gufasha cyane cyane urubyiruko rutagira kivurira.

UKUBOZA | Imiryango y’abagiraneza

Dusabire imiryango n’amashyirahamwe y’abagiraneza agamije guteza imbere bene muntu, kugira ngo bibone abantu bafite ubushake bwo kwitangira inyungu rusange kandi bihore bishakashaka uburyo bushya bw’ubufatanye ku rwego mpuzamahanga.

UGUSHYINGO | Ku bana bababaye

Dusabe kugira ngo abana bababaye, ababa mu muhanda, abugarijwe n’intambara, impfubyi bose bashobore kubona uburenganzira bwo kurerwa no guhabwa urukundo rwo mu muryango.

UKWAKIRA | Kiliziya yakira bose

Dusabire Kiliziya ku gira ngo mu gukomera ku Ivanjili no k’ubutwari bwo kuyamamaza, ihore iteka ari ahantu h’ubufatanye, ubuvandimwe n’ikaze ku bantu bose, maze abayigize barusheho kugendera hamwe no gusenyera umugozi umwe.

NZERI | Ku ikurwaho ry’igihano cy’urupfu

Dusabe kugira ngo, igihano cy’urupfu kibangamiye agaciro ka muntu kivanwe mu mategeko ahana yo mu bihugu byose ku isi.

KANAMA | Imishinga mito ibyara inyungu

Dusabe kugira ngo imishinga mito n’iciriritse yahuye n’ibibazo, yongera kubona uburyo ikongera gufasha abantu n’imiryango y’aho ikorera.

NYAKANGA | Dusabira abageze mu zabukuru

Dusabire abageze mu zabukuru kugira ngo babe abarimu nyabo b’ubugwaneza, kugira ngo ubunararibonye bwabo n’ubuhanga bwabo bifashe urubyiruko kurebana ejo hazaza icyizere ndetse n’akanyabugabo.

KAMENA | Gusabira ingo

Dusabire ingo z’abakirisitu ku isi hose, kugira ngo zibashe kubaho mu rukundo rutagamije inyungu, no mu butungane bwa buri munsi.

GICURASI | Ukwemera mu rubyiruko

Dusabe kugira ngo urubyiruko ruhamagariwe kubaho mu buzima busendereye, rubone muri Bikira Mariya ubushishozi nyabwo, ubutwari bw’ukwemera n’ubwitange ku murimo.

MATA | Ku bashinzwe ubuzima

Dusabire abitangira abarwayi n’abageze mu zabukuru, by’umwihariko abo mubihugu bikennye kurusha ibindi, kugira ngo babone inkunga za leta n’iz’imiryango y’aho bari.

WERURWE | Ibisubizo gikirisitu ku bibazo by’indangagaciro nyoborabuzima

Dusabe kugira ngo imbere y’ibibazo bishya bishingiye ku bushakashatsi n’ikoranabuhanga mu by’ubuzima, ubuvuzi n’imyorokere ya muntu, abakristu bite iteka ku birengera ubuzima binyuze mu isengesho n’ibikorwa bifatika.

GASHYANTARE | Ababikira n’abakobwa biyeguriye Imana

Dusabire ababikira n’abakobwa biyeguriye Imana, tubashimira ubutumwa n’umwete byabo, kugira ngo bakomeze kubonera ibisubizo bishya by’ibibazo byugarije igihe turimo.

MUTARAMA | Ivangura n’itotezwa rishingiye ku myemerere

Dusabe kugira ngo abatotezwa bahorwa imyemerere yabo bahabwe uburenganzira bwuzuye muri sosiyete, hamwe n’agaciro kubakiye ku buvandimwe.

UKUBOZA | Abakateshisiti

Dusabire abakateshisiti bahamagariwe kwamamaza Ijambo ry’Imana: barihamye n’ubutwari ndetse n’ubunyamwuga mu byishimo no mu mahoro bamurikiwe n’imbaraga za Roho Mutagatifu.

UGUSHYINGO | Abantu Bafite Indwara y’agahinda Gakabije

Dusabe kugira ngo abantu bose bafite agahinda gakabije babone ubufasha n’urumuri bibagarura mu buzima bwiza.

UKWAKIRA | Kuba Abogezabutumwa

Bavandimwe, dusabe kugira ngo uwabatijwe wese agire uruhare mu iyogezabutumwa, ahe umwanya Ubutumwa biciye mu buhamya bw’ubuzima bushingiye ku ivanjili.

NZERI | Kubaho Turengera Ibidukikije

Dusabe kugira ngo tugire amahitamo meza yo kubaho turengera ibidukikije twigira ku rubyiruko rubyitangira.

Official Image - TPV 8 2021 RW - Kiliziya mu rugendo

KANAMA | Kiliziya mu rugendo

Dusabire Kiliziya, ku bubasha bwa Roho Mutagatifu ihabwe ingabire n’imbaraga zo kwivugurura imurikiwe n’Ivanjili.

Official Image - TPV 7 2021 RW - Imibanire Myiza

NYAKANGA | Imibanire Myiza

Dusabe kugira ngo mu bibazo by’ubukungu na politiki tube abagabo n’abagore baharanira imibanire myiza kandi bahorana umutima utanga ku buryo nta mwanya w’urwango n’intambara uboneka.

Official Image - TPV 6 2021 RW - Ibyiza byo gushyingirwa

KAMENA | Ibyiza byo gushyingirwa

Ni mucyo dusabire urubyiruko rwitegura gushyingirwa, rushyigikirwe n’imbaga y’abemera: bajye mbere mu rukundo, n’ubwitange, ubudahemuka no kwihangana.

Official Image - TPV 5 2021 RW - Isi y'ubukungu

GICURASI: Isi y’ubukungu

Ni mucyo kandi dusabe kugira ngo abashinzwe iby’ubukungu bafatanye na leta kugenzura amasoko y’imari no kurinda abaturage mu ngorane zabo.

Official Image - TPV 4 2021 RW - UBURENGANZIRA BW'IBANZE B

  MATA: Uburenganzira bw’ibanze

Dusabire abemera kwitanga kugera n’aho bahara ubuzima bwabo, barwanira uburenganzira bw’ibanze mu bihugu birimo kwikanyiza no kuyoborana igitugu ndetse nahari demokarasi zidahamye, kugira ngo ibikorwa byabo no kwitanga kwabo byere imbuto nyinshi.

Official Image TPV 3 2021 RW - Isakaramentu rya penetensiya

WERURWE: Sakaramentu rya penetensiya

Dusabe kugira ngo isakramentu rya penetensiya ridufashe kwivugurura by’ukuri, kuryoherwa n’imbabazi n’impuhwe z’Imana zidashira. Dusenge kandi ngo Imana ihe Kiliziya abasaseridoti b’abanyampuhwe, batari abayisenya.

Official Image TPV 2 2021 RW - Videwo ya Papa - Ku bagore bahohotewe

GASHYANTARE: Ku bagore bahohotewe

Nimucyo dusabire abagore bahohotewe ngo barengerwe n’ubutegetsi kugira ngo ububabare bwabo bwitabweho kandi bwumvikane kuri bose.

Official Image TPV 1 2021 RW - Videwo ya Papa - Ubuvandimwe mu bantu

MUTARAMA: Ubuvandimwe mu bantu

Dusabe Nyagasani kutwongerera ingabire yo kubana neza n’abavandimwe bacu bo mu y’andi madini, tureka guhangana, kandi dusabirana bamwe ku bandi, dushyikirana na bose.

Official Image - TPV 12 2020 RW - Videwo ya Papa - Ubuzima Bw’isengesho

UKUBOZA: Ubuzima Bw’isengesho

Dusabe kugira ngo umubano wacu wihariye na Yezu Kristu ubashe gutungwa n’Ijambo ry’Imana n’ubuzima bw’amasengesho.

Official Image - TPV 11 2020 RW - Videwo Ya Papa - Ubwenge buhangano

UGUSHYINGO: Ubwenge buhangano

Dusabe kugira ngo iterambere rya za robo n’iry’ubwenge buhangano ribereho guteza imbere ikiremwa muntu.

Official Image - TPV 10 2020 RW - Videwo Ya Papa - Abagore mu nzego z'ubuyobozi bwa kiliziya

UKWAKIRA: Abagore mu nzego z’ubuyobozi bwa kiliziya

Dusabe kugira ngo ku bw’ingabire ya batisimu bahawe, abalayiki bose, by’umwihariko abagore, barusheho kugira uruhare mu nzego z’ubuyobozi bwa Kiliziya twirinda guha agaciro karenze Ubusaserodoti kagabanya ingabire z’abalayiki.

Official Image - TPV 9 2020 RW - Videwo Ya Papa - KUBAHA UMUTUNGO KAMERE W'ISI

NZERI: Kubaha umutungo kamere w’isi

Ni mucyo dusabe kugira ngo umutungo kamere w’isi woye gusahurwa na bamwe, ahubwo usaranganywe mubayituye ntawe uwuvukijwe, mu butabera.

Official Image TPV 8 2020 RW - Videwo ya Papa - Abakorera mu nyanja

KANAMA: Abakorera mu nyanja

Dusabire abakorera mu nyanja kandi babeshejweho na yo, muri bo harimo abasare, abarobyi n’imiryango yabo.

Official Image TPV 7 2020 RW - Videwo Ya Papa - Imiryango yacu

NYAKANGA: Imiryango yacu

Dusabe kugira ngo imiryango y’iki gihe iherekezwe n'urukundo, ubwubahane n’inama, kandi ku buryo bw’umwihariko irengerwe n’ubutegetsi bw’ibihugu.

Official Image - TPV 6 2020 RW - Videwo Ya Papa - Impuhwe ku isi

KAMENA: Impuhwe ku isi

Dusabe ngo ababaye bose bashakire inzira y’umukiro mu Mutima Mutagatifu wa Yezu.

Official Image - TPV 5 2020 RW - Videwo ya Papa - Gusabira abadiyakoni

GICURASI: Gusabira abadiyakoni

Dusabe kugira ngo abadiyakoni, bakomere k’umuhamagaro wabo wo kogeza Inkuru Nziza no kwita ku bakene, bibere n’abandi muri Kiliziya urugero rwiza rwo gukurikizwa.

Official Image TPV 4 2020 RW - Videwo ya Papa - Ukwibohora ku ngeso mbi

MATA: Ukwibohora ku ngeso mbi

Dusabe kugira ngo ababoshywe n’ingeso mbi babashe kwitabwaho neza kandi baherekezwe.

Official Image - TPV PFTW 2020 RW - Videwo Ya Papa - #PrayForTheWorld

WERURWE: #PrayForTheWorld

Turashaka guhungira iwawe, O Mubyeyi Mutagatifu w’Imana. Ntiwirengagize ugutakamba kwacu- twebwe abugarijwe- kandi udukize ikibi cyose. O wowe wubahwa kandi utagira inenge.

Official Image - TPV 3 2020 RW - Videwo ya Papa - Abagatolika bo mu Bushinwa

WERURWE: Abagatolika bo mu Bushinwa

Dusabe kugira ngo Kiliziya yo mu Bushinwa ikomeze kuba indahemuka ku Ivanjili no gutera imbere mu bumwe. Murakoze.

Official Image - TPV 2 2020 RW - Videwo ya Papa - Kumva amaganya y’abimukira

GASHYANTARE: Kumva amaganya y’abimukira

Dusabe kugira ngo amaganya y’abimukira bacuruzwa yumvikane, kuko na bo ari abavandimwe bacu.

Official Image - TPV 1 2020 RW - Videwo ya Papa - Guharanira amahoro ku isi

MUTARAMA: Guharanira amahoro ku isi

Dusabe kugira ngo abayobotse Yezu, abanyamadini n’abantu b’umutima mwiza, bose baharanire hamwe amahoro n’ubutabera ku isi.

adminPress