Press
Dusabe kugira ngo gukoresha ikoranabuhanga rigezweho bidasimbura imibanire y’abantu ahubwo byubahirize agaciro k’abantu kandi bifashe mu gukemura ibibazo byo muri iki gihe cyacu.
TOTAL VIEWS
+ 242M
only in Vatican Networks
VIEWS 2025
+ 2M

WERURWE | Ku miryango ifite ibibazo
Dusabe kugira ngo imiryango irimo amacakubiri ishobore kubonera umuti w’ibikomere byayo mu kubabarirana, buri wese ashobore kubona ubukungu buri mu byo badahuriyeho na mugenzi we.

GASHYANTARE | Umuhamagaro w’Abasaserodoti n’Abiyeguriye Imana
Dusabe kugira ngo Kiliziya, umuryango w’abemera, ishobore kwakira ibyifuzo n’ugushidikanya by’urubyiruko rwiyumvamo umuhamagaro wo kwitangira ubutumwa bwa Yezu, haba mu buzima bwa gisaserdoti cyangwa mu buzima bw’Abiyeguriye Imana.

MUTARAMA | Uburenganzira bwo kwiga
Dusabire abimukira, impunzi n’abo bose bagizweho ingaruka n’intambara; kugira ngo uburenganzira bwabo bwo kwiga bwubahirizwe buri gihe, kuko uburezi ari ngombwa mu kubaka isi irangwa cyane n’ubumuntu.

UKUBOZA | Ku bagendana ukwizera
Dusabe kugira ngo iyi Yubile twinjiyemo idukomeze mu kwemera, idufashe kumenya Kristu wazukiye mu buzima bwacu, kandi iduhinduremo abagendana ukwizera kwa gikristu.

UGUSHYINGO | Gusabira ababuze umwana
Dusabe kugira ngo ababyeyi bose batewe agahinda n’urupfu rw’umwana wabo, babonere ihumure mu ikoraniro kandi babone amahoro y’umutima atangwa na Roho, Umuhoza.

UKWAKIRA | Ubufatanye mu butumwa
Dusabe kugira ngo Kiliziya, mu bushobozi bwayo, ikomeze ishyigikire gahunda yo kugendera hamwe, mu kimenyetso cy’ubufatanye, mu guteza imbere ubwitange, ubusabane n’ubufatanye mu butumwa hagati y’abapadiri, abiyeguriyimana n’abalayiki.

NZERI | Isi Itabaza
Dusabe kugira ngo buri wese muri twe, abikuye ku mutima, yumve impuruza y’isi, n’abagizweho ingaruka n’ibiza n’imihindagurikire y’ikirere, yiyemeze, ku bushake bwe, kwita ku isi atuyemo.

KANAMA | Ku banyapolitiki
Dusabe kugira ngo Abanyapolitiki bakorere rubanda, baharanire iterambere ryuzuye rya muntu n’inyungu rusange, bahangayikishwe n’abatakaje akazi kandi abakene bashyirwe imbere ya bose.

NYAKANGA | Ikenurabushyo ry’abarwayi
Dusabe kugira ngo Isakramentu ry’Ugusigwa kw’abarwayi rizanire abarihawe n’ababitaho imbaraga za Nyagasani, kandi rirusheho kubera abantu bose ikimenyetso kigaragara cy’impuhwe n’icyizere.

KAMENA | Kubahunga ibihugu byabo
Dusabe kugira ngo abimukira bahunga intambara cyangwa inzara, bikabatera kunyura mu nzira zishyira ubuzima bwabo mu kaga, babone ababakira neza kandi bahirwe n’ubuzima bushya.

GICURASI | Ku marerero y’Abiyeguriyimana n’Abaseminari
Dusabe kugira ngo abagabo n’abagore biyeguriyimana n’abaseminari bungukire byinshi mu rugendo rwabo rw’umuhamagaro babikesha gutozwa uburere bwa kimuntu, ikenurabushyo, iyobokamana n’imibanire bibafasha kuba abahamya bizewe b’Inkuru Nziza.

MATA | Akamaro k’abagore
Dusabe kugira ngo icyubahiro n’agaciro abagore bafite bihabwe agaciro mu bihugu byose, kandi ivangura bahura naryo mu bice bitandukanye by’isi rihagarare.

WERURWE | Abamaritiri muri iki gihe, abahamya ba Kiristu
Dusabe kugira ngo abahara amagara yabo kubera Ivanjili, mu bice bitandukanye by’isi, barumbukire Kiliziya imbuto nyinshi kubw’ ubutwari n’umurava byabo byo kwitangira ubumwa.

GASHYANTARE | Ku barwayi barembye cyane
Dusabe kugira ngo abarwayi barembye cyane hamwe n’imiryango yabo, bafashwe kubona ubuvuzi ndetse banagaragarizwe ubumuntu ku kigero gikwiye.

MUTARAMA | Gusaba ingabire zitandukanye muri Kiliziya
Dusabe kugira ngo Roho adufashe kumenya impano zitandukanye mu muryango w’abakristu no kuvumbura ubukungu bw’imihango mitagatifu inyuranye ikorerwa muri Kiliziya Gatolika.

UKUBOZA | Gusabira abafite ubumuga
Dusabe kugira ngo abafite ubumuga bitabweho na sosiyete kandi ibigo biteze imbere gahunda yo kubashyira mu bandi kugira ngo na bo bagaragaze ibyo bashoboye.

UGUSHYINGO | Gusabira Papa
Dusabire Papa, ngo mugusohoza ubutumwa bwe, akomeze guherekeza mu kwemera ubushyo yaragijwe na Yezu abifashijwemo na Roho Mutagatifu.

UKWAKIRA | Kiliziya iri muri Sinodi
Dusabire Kiliziya, kugira ngo irangwe no gushyira imbere ugutega amatwi no kuganira, yemera kuyoborwa na Roho Mutagatifu mu rugendo rwayo kugera ku mpera z’isi.

NZERI | Ku bantu bahezwa muri sosiyete
Dusabe ku gira ngo abantu birengagizwa na sosiyete, bari mu buzima budakwiriye muntu ngo inzego z’ubuyobozi ntizibibagirwe kandi ntibigere bangwa.

KANAMA | Ku ihuriro mpuzamahanga ry’urubyiruko
Dusabe kugira ngo ihuriro mpuzamahanga ry’urubyiruko i Lisbonne rifashe urubyiruko ruhaguruke rugende, ruhamya Ivanjili mu buzima bwarwo.

NYAKANGA | Ubuzima Bushingiye Kuri Ukarisitiya
Dusabe kugira ngo abakristu Gatolika bose bimike mu buzima bwabo Ukarisitiya, ihindure cyane imibanire y’abantu kandi ibakingurire umuryango ubahuza n’Imana n’abavandimwe.

KAMENA | Iyicarubozo rikurweho
Dusabe kugira ngo umuryango mpuzamahanga wiyemeze guhashya umuco w’iyicarubozo ndetse bagenere ubufasha abarikorewe ndetse n’imiryango yabo.

GICURASI | Ku Miryango n’amatsinda bya Kiliziya
Dusabe kugira ngo imiryango n’amatsinda bya Kiliziya buri munsi byite ku murimo wabyo w’iyogezabutumwa, bikoresha impano zabyo mu gufasha isi mu byo ikeneye.

MATA | Umuco w’ubworoherane
Dusabe kandi kugira ngo umuco w’ubworoherane usakare hose, maze ibihugu n’ababituye bagende barushako kwirinda gushyira imbere ikoreshwa ry’intwaro.

MATA | Umuco w’ubworoherane
Dusabe kandi kugira ngo umuco w’ubworoherane usakare hose, maze ibihugu n’ababituye bagende barushako kwirinda gushyira imbere ikoreshwa ry’intwaro.

WERURWE | Ku Bahohotewe
Dusabire abababaye bose kubera ibibi byakozwe n’abagize umuryango wa Kiliziya ngo babone muri Kiliziya ubwayo igisubizo gifatika ku ishavu n’ububabare byabo.

GASHYANTARE | Amaparuwasi
Dusabe kugira ngo Paruwasi, mu kwimakaza ubuvandimwe mu bantu, ubuvandimwe muri Kiriziya, zibe koko ihuriro ry’ukwemera, ry’ubuvandimwe n’iryo kwakira bose cyane cyane abatagira kivurira.

MUTARAMA | Ku Barezi
Dusabe kugira ngo abarezi babe koko abahamya bizewe, mu kwigisha ubuvandimwe kuruta guhangana, no gufasha cyane cyane urubyiruko rutagira kivurira.

UKUBOZA | Imiryango y’abagiraneza
Dusabire imiryango n’amashyirahamwe y’abagiraneza agamije guteza imbere bene muntu, kugira ngo bibone abantu bafite ubushake bwo kwitangira inyungu rusange kandi bihore bishakashaka uburyo bushya bw’ubufatanye ku rwego mpuzamahanga.

UGUSHYINGO | Ku bana bababaye
Dusabe kugira ngo abana bababaye, ababa mu muhanda, abugarijwe n’intambara, impfubyi bose bashobore kubona uburenganzira bwo kurerwa no guhabwa urukundo rwo mu muryango.

UKWAKIRA | Kiliziya yakira bose
Dusabire Kiliziya ku gira ngo mu gukomera ku Ivanjili no k’ubutwari bwo kuyamamaza, ihore iteka ari ahantu h’ubufatanye, ubuvandimwe n’ikaze ku bantu bose, maze abayigize barusheho kugendera hamwe no gusenyera umugozi umwe.

NZERI | Ku ikurwaho ry’igihano cy’urupfu
Dusabe kugira ngo, igihano cy’urupfu kibangamiye agaciro ka muntu kivanwe mu mategeko ahana yo mu bihugu byose ku isi.

KANAMA | Imishinga mito ibyara inyungu
Dusabe kugira ngo imishinga mito n’iciriritse yahuye n’ibibazo, yongera kubona uburyo ikongera gufasha abantu n’imiryango y’aho ikorera.

NYAKANGA | Dusabira abageze mu zabukuru
Dusabire abageze mu zabukuru kugira ngo babe abarimu nyabo b’ubugwaneza, kugira ngo ubunararibonye bwabo n’ubuhanga bwabo bifashe urubyiruko kurebana ejo hazaza icyizere ndetse n’akanyabugabo.

KAMENA | Gusabira ingo
Dusabire ingo z’abakirisitu ku isi hose, kugira ngo zibashe kubaho mu rukundo rutagamije inyungu, no mu butungane bwa buri munsi.

GICURASI | Ukwemera mu rubyiruko
Dusabe kugira ngo urubyiruko ruhamagariwe kubaho mu buzima busendereye, rubone muri Bikira Mariya ubushishozi nyabwo, ubutwari bw’ukwemera n’ubwitange ku murimo.

MATA | Ku bashinzwe ubuzima
Dusabire abitangira abarwayi n’abageze mu zabukuru, by’umwihariko abo mubihugu bikennye kurusha ibindi, kugira ngo babone inkunga za leta n’iz’imiryango y’aho bari.

WERURWE | Ibisubizo gikirisitu ku bibazo by’indangagaciro nyoborabuzima
Dusabe kugira ngo imbere y’ibibazo bishya bishingiye ku bushakashatsi n’ikoranabuhanga mu by’ubuzima, ubuvuzi n’imyorokere ya muntu, abakristu bite iteka ku birengera ubuzima binyuze mu isengesho n’ibikorwa bifatika.

GASHYANTARE | Ababikira n’abakobwa biyeguriye Imana
Dusabire ababikira n’abakobwa biyeguriye Imana, tubashimira ubutumwa n’umwete byabo, kugira ngo bakomeze kubonera ibisubizo bishya by’ibibazo byugarije igihe turimo.

MUTARAMA | Ivangura n’itotezwa rishingiye ku myemerere
Dusabe kugira ngo abatotezwa bahorwa imyemerere yabo bahabwe uburenganzira bwuzuye muri sosiyete, hamwe n’agaciro kubakiye ku buvandimwe.

UKUBOZA | Abakateshisiti
Dusabire abakateshisiti bahamagariwe kwamamaza Ijambo ry’Imana: barihamye n’ubutwari ndetse n’ubunyamwuga mu byishimo no mu mahoro bamurikiwe n’imbaraga za Roho Mutagatifu.

UGUSHYINGO | Abantu Bafite Indwara y’agahinda Gakabije
Dusabe kugira ngo abantu bose bafite agahinda gakabije babone ubufasha n’urumuri bibagarura mu buzima bwiza.

UKWAKIRA | Kuba Abogezabutumwa
Bavandimwe, dusabe kugira ngo uwabatijwe wese agire uruhare mu iyogezabutumwa, ahe umwanya Ubutumwa biciye mu buhamya bw’ubuzima bushingiye ku ivanjili.

NZERI | Kubaho Turengera Ibidukikije
Dusabe kugira ngo tugire amahitamo meza yo kubaho turengera ibidukikije twigira ku rubyiruko rubyitangira.

KANAMA | Kiliziya mu rugendo
Dusabire Kiliziya, ku bubasha bwa Roho Mutagatifu ihabwe ingabire n’imbaraga zo kwivugurura imurikiwe n’Ivanjili.

NYAKANGA | Imibanire Myiza
Dusabe kugira ngo mu bibazo by’ubukungu na politiki tube abagabo n’abagore baharanira imibanire myiza kandi bahorana umutima utanga ku buryo nta mwanya w’urwango n’intambara uboneka.

KAMENA | Ibyiza byo gushyingirwa
Ni mucyo dusabire urubyiruko rwitegura gushyingirwa, rushyigikirwe n’imbaga y’abemera: bajye mbere mu rukundo, n’ubwitange, ubudahemuka no kwihangana.

GICURASI: Isi y’ubukungu
Ni mucyo kandi dusabe kugira ngo abashinzwe iby’ubukungu bafatanye na leta kugenzura amasoko y’imari no kurinda abaturage mu ngorane zabo.

MATA: Uburenganzira bw’ibanze
Dusabire abemera kwitanga kugera n’aho bahara ubuzima bwabo, barwanira uburenganzira bw’ibanze mu bihugu birimo kwikanyiza no kuyoborana igitugu ndetse nahari demokarasi zidahamye, kugira ngo ibikorwa byabo no kwitanga kwabo byere imbuto nyinshi.

WERURWE: Sakaramentu rya penetensiya
Dusabe kugira ngo isakramentu rya penetensiya ridufashe kwivugurura by’ukuri, kuryoherwa n’imbabazi n’impuhwe z’Imana zidashira. Dusenge kandi ngo Imana ihe Kiliziya abasaseridoti b’abanyampuhwe, batari abayisenya.

GASHYANTARE: Ku bagore bahohotewe
Nimucyo dusabire abagore bahohotewe ngo barengerwe n’ubutegetsi kugira ngo ububabare bwabo bwitabweho kandi bwumvikane kuri bose.

MUTARAMA: Ubuvandimwe mu bantu
Dusabe Nyagasani kutwongerera ingabire yo kubana neza n’abavandimwe bacu bo mu y’andi madini, tureka guhangana, kandi dusabirana bamwe ku bandi, dushyikirana na bose.

UKUBOZA: Ubuzima Bw’isengesho
Dusabe kugira ngo umubano wacu wihariye na Yezu Kristu ubashe gutungwa n’Ijambo ry’Imana n’ubuzima bw’amasengesho.

UGUSHYINGO: Ubwenge buhangano
Dusabe kugira ngo iterambere rya za robo n’iry’ubwenge buhangano ribereho guteza imbere ikiremwa muntu.

UKWAKIRA: Abagore mu nzego z’ubuyobozi bwa kiliziya
Dusabe kugira ngo ku bw’ingabire ya batisimu bahawe, abalayiki bose, by’umwihariko abagore, barusheho kugira uruhare mu nzego z’ubuyobozi bwa Kiliziya twirinda guha agaciro karenze Ubusaserodoti kagabanya ingabire z’abalayiki.

NZERI: Kubaha umutungo kamere w’isi
Ni mucyo dusabe kugira ngo umutungo kamere w’isi woye gusahurwa na bamwe, ahubwo usaranganywe mubayituye ntawe uwuvukijwe, mu butabera.

KANAMA: Abakorera mu nyanja
Dusabire abakorera mu nyanja kandi babeshejweho na yo, muri bo harimo abasare, abarobyi n’imiryango yabo.

NYAKANGA: Imiryango yacu
Dusabe kugira ngo imiryango y’iki gihe iherekezwe n'urukundo, ubwubahane n’inama, kandi ku buryo bw’umwihariko irengerwe n’ubutegetsi bw’ibihugu.

KAMENA: Impuhwe ku isi
Dusabe ngo ababaye bose bashakire inzira y’umukiro mu Mutima Mutagatifu wa Yezu.

GICURASI: Gusabira abadiyakoni
Dusabe kugira ngo abadiyakoni, bakomere k’umuhamagaro wabo wo kogeza Inkuru Nziza no kwita ku bakene, bibere n’abandi muri Kiliziya urugero rwiza rwo gukurikizwa.

MATA: Ukwibohora ku ngeso mbi
Dusabe kugira ngo ababoshywe n’ingeso mbi babashe kwitabwaho neza kandi baherekezwe.

WERURWE: #PrayForTheWorld
Turashaka guhungira iwawe, O Mubyeyi Mutagatifu w’Imana. Ntiwirengagize ugutakamba kwacu- twebwe abugarijwe- kandi udukize ikibi cyose. O wowe wubahwa kandi utagira inenge.

WERURWE: Abagatolika bo mu Bushinwa
Dusabe kugira ngo Kiliziya yo mu Bushinwa ikomeze kuba indahemuka ku Ivanjili no gutera imbere mu bumwe. Murakoze.

GASHYANTARE: Kumva amaganya y’abimukira
Dusabe kugira ngo amaganya y’abimukira bacuruzwa yumvikane, kuko na bo ari abavandimwe bacu.

MUTARAMA: Guharanira amahoro ku isi
Dusabe kugira ngo abayobotse Yezu, abanyamadini n’abantu b’umutima mwiza, bose baharanire hamwe amahoro n’ubutabera ku isi.